Iyi gahunda igamije gufasha abanyeshuri badatsinda neza mu ishuri, kumenya uburyo bwiza bwo gusubiramo amasomo ngo bagire amanota meza.
Yatanze umusaruro nyuma yo kugera ku ntego zayo, kuko abanyeshuri bitwara neza mu masomo, bakazamura imyumvire yo kubahiriza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye ndetse bagaharanira kugira ishyaka ryo kwiga no gukorana n’abandi.
Iyi gahunda ikorana n’imiryango y’abagenerwabikorwa bayo bigatuma bahabwa ubufasha bugamije kububakamo indangagaciro zirimo ikinyabupfura, kubahana mu ishuri, isuku no kubahiriza igihe.
Iyi gahunda igamije gufasha aba banyeshuri mu bijyanye n’imyigire (yaba mu kumenya gusoma, kwandika no kubara) ndetse n’imitekerereze yabo n’uko bashyira mu bikorwa ibijyanye n’uburinganire no guteza imbere abana b’abakobwa.